Iyi nkuru imaze gusurwa inshuro 1023
Ibigo bitwara abagenzi mu ntara birashyize byimurirwa i Nyabugogo
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge buratangaza ko tariki ya 2 Ukwakira 2011 ibigo bitwara abagenzi byose bigomba kwimukira muri gare ya Nyabugogo aho bafite urubuga ruhagije.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge Mukasonga Solange ndetse n’abakuriye ishyirahamwe ry’ibigo bitwara abagenzi bajya mu turere dutandukanye (Rwanda Persons Transporters Association - ATPR) bakoze igikorwa cyo gusura aho bazimukira mu rwego kwihutisha imirimo.
Mukasonga Solange yagize ati : “Twishimiye aho imirimo igeze kandi twabonye ko bose bagabagabanye ibyumba bikazaba byiza ku mutekano w’abagenzi n’ibintu byabo ndetse n’aho bazaparika amamodoka yabo harateguye.â€
Yongeyeho ko ukurikije amateka yo gutwara abantu n’ibintu n’aho ibi bigo byakoreraga bigaragara ko bari bamaze kuba benshi kuko ubu ngo ari ubucuruzi byagaragaye ko bukomeye ariyo mpamvu ibigo byiyongera.
Igitekerzo cyatanzwe na nana
e-mail: agasobetty2@gmail.com
Big up!
Igitekerzo cyatanzwe na olive
e-mail: olivenana@gmail.com
mwatwemeje ni ukuri kubumva kuri net ni hatari muciye agahigo kuzindi radio z'abaturage.byeeeee!!!!!!!